skol
fortebet

Miss Vanessa yafatiwe irembo

Yanditswe: Tuesday 11, Mar 2025

featured-image

Sponsored Ad

Miss Uwase Raissa Vanessa yafatiwe irembo n’abo mu muryango wa Dylan Ngenzi bitegura kurushinga muri Kamena 2025.

Sponsored Ad

Mu mpera z’icyumweru cyasojwe ku wa 9 Werurwe 2025, abahagarariye umuryango wa Dylan Ngenzi bagiye kwa Uwase Raissa Vanessa bajya gufata irembo.

Miss Vanessa yambitswe impeta na Dylan Ngenzi ku wa 27 Nzeri 2024, ni nyuma y’igihe bari mu rukundo binjiyemo Uwase Raissa Vanessa amaze kwerura ko umusore bari bamaranye igihe batandukanye.

Ni urukundo ariko n’ubundi yari yarinjiyemo nyuma yo gutandukana na Kabalu Putin wari waramwambitse impeta mu 2019 baza gushyira akadomo ku nkuru y’urukundo rwabo mu 2021.

Uyu na we bari batangiye gukundana nyuma y’uko Miss Vanessa yari amaze igihe atandukanye na Olivis wamenyekanye mu Itsinda rya Active.

Miss Uwase Raissa Vanessa ni umukobwa wambitswe Ikamba ry’Igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda mu 2015.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa