skol
fortebet

Morgan Rogers yabaye Umwongereza uguzwe amafaranga menshi nyuma yo kwerekeza muri Chelsea

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Wednesday 22, Jul 2026

 Morgan Rogers yabaye Umwongereza uguzwe amafaranga menshi nyuma yo kwerekeza muri Chelsea

Sponsored Ad

skol

Ikipe ya Chelsea yemeje ko yongereye imbaraga hagati mu kibuga isinyisha Morgan Rogers wari usanzwe ukinira Aston Villa, aho yasinye amasezerano azamugeza mu mwaka wa 2033.

Amakuru aturuka mu bitangazamakuru bitandukanye agaragaza ko uyu mukinnyi w’imyaka 23 yaguzwe amafaranga agera kuri miliyoni 117 z’Ama-pound, nubwo Chelsea na Aston Villa bitigeze bitangaza ku mugaragaro agaciro k’ubwo bwumvikane.

Aya mafaranga atumye Rogers aca agahigo ko kuba umukinnyi w’Umwongereza uguzwe amafaranga menshi kurusha abandi, arusha amafaranga Manchester City yatanze igura Elliot Anderson ndetse anarenza ayo Chelsea yaguzeho Moisés Caicedo mu mwaka wa 2023.

Morgan Rogers yageze muri Chelsea nyuma yo kwitwara neza mu bihe yakiniye Aston Villa, aho yigaragaje nk’umwe mu bakinnyi bakomeye hagati mu kibuga. Imikinire ye myiza yanatumye ahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, anitabira Igikombe cy’Isi cya 2026.

Nyuma yo gusinya amasezerano, Rogers yavuze ko kwinjira muri Chelsea ari inzozi zibaye impamo kuko ari ikipe yakundaga kuva akiri muto.

Yagize ati: “Nishimiye cyane kuba ngeze muri Chelsea. Ni imwe mu makipe akomeye kandi ni yo nahoraga nifuza gukinira nkiri umwana.”

Chelsea ikomeje gahunda yo kubaka ikipe y’ejo hazaza ishingiye ku bakinnyi bakiri bato bafite impano n’ubushobozi bwo guhatanira ibikombe mu myaka iri imbere. Kwinjiza Morgan Rogers ni imwe mu ntambwe iyi kipe ikomeje gutera mu gushimangira uwo mushinga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa