Moses yatakambiye Perezida wa Repubulika nyuma yo gusabwa gusiba ibirago by’abatinganyi
Yanditswe: Tuesday 18, Apr 2023

Umuyobozi w’inzu y’imideli Monshions akaba ari nawe washushanyaga ubwoko bw’imyenda Twahirwa Moses ,yatakambiye Perezida wa Repubulika nyuma yo gusabwa gusiba amabara ya LGBTQ agaragaza ikirango cy’abaryamana bahuje ibitsina.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga uyu munyamideri umaze iminsi mike yeruye ko akoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi kubera uburwayi yavuze ko ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwasabye Moshions gusiba amarangi agizwa n’amabara aranga abaryamana bahuje ibitsina n’abandi.
Moses (...)
Umuyobozi w’inzu y’imideli Monshions akaba ari nawe washushanyaga ubwoko bw’imyenda Twahirwa Moses ,yatakambiye Perezida wa Repubulika nyuma yo gusabwa gusiba amabara ya LGBTQ agaragaza ikirango cy’abaryamana bahuje ibitsina.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga uyu munyamideri umaze iminsi mike yeruye ko akoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi kubera uburwayi yavuze ko ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwasabye Moshions gusiba amarangi agizwa n’amabara aranga abaryamana bahuje ibitsina n’abandi.
Moses avuga ko bamwe mu bayobozi b’Umujyi bavuze ko bise aya mabara umwanda kandi ko akwiye kuyakura ku rukuta rugize uruzitiro rw’iyi nzu y’imideri ya Moshions iherereye mu Kiyovu.
Ibitekerezo
Ahubwo bagufunge wajyegera we
I iyo myenda y’uyu mugabo mureke kuyambara,hambarwe iy’abantu barite umuco nyarwanda
Uwo nawe ubwo araje avuyange abantu,ubundi icyo gipangu cyakabaye cyasenywe n’iyo nzu y’imideli ye agaragarizamo ayo marorerwa ye,byakabaye bitakiri muri kigali pe,natakambire Imana wenda yo yamwumva.