
Turahirwa Moses wamenyekanye nk’umunyamideli washinze inzu ya Moshions yatangaje ko ubu atakibarirwa mu basore nkuko bigaragara mu byangobwa bye ahubwo ubu abarizwa mu bakobwa kandi ari ibyo kwishimira kuri we.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram yagaragaje ko ubu ari umunyarwandakazi atakibarizwa mu basore.
Mu ifoto y’icyangombwa yifashisha mu ngendo zambukiranya agana hanze y’u Rwanda aho gushyiramo ijambo ‘M’ risobanura ‘Male’ cyangwa igitsinagabo, we kuri ubu harimo ‘F’ bivuze ‘Female’ cyangwa se ‘Igitsinagore’ bivuze ko yagiye mu cyiciro cy’abanyarwandakazi.
Ibi bibaye nyuma y’igihe Moses yemeye ko amashusho yamugaragaje aryamanye n’abagabo bagenzi be ari aye bishimangira ko aryamana nabo bahuje igitsina.
Ibitekerezo
Ariko ikigoryi biragwira! Iki kirenze ibindi.kiraga puuuu