Mu mafoto ihere ijisho ibyaranze igitaramo cya Sheebah Karungi uri i Kigali
Yanditswe: Saturday 13, Aug 2022
Mu mafoto atandukanye ihere ijisho ibyaranze igitaramo cya Sheebah Karungi kitabiriwe n’abantu mbarwa.
Ni igitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 12 Kanama 2022 gifungura iserukiramuco rya MTN/ATHF.
Ni igitaramo cyaranzwe n’ibyishimo kandi nubwo ubwitabire bwari ucye ariko mu bahanzi bageze ku rubyiniro bagerageje gushimisha abafana bigeze kuri Sheebah biba akarusho dore ko yavuye ku rubyiniro abafana nta numwe ubyifuza.
Mu bahanzi Nyarwanda bafatanyije gushimisha abakunzi b’umuziki barimo Soja Kid, Major Pabla, Logan Joe,Kenny K Short ndetse na Ish Kevin.
Mu Bayoboye iki gitaramo nk’abashyusharukamba kandi harimo MC Tino, MC Anitha Pendo ndetse na MC Tessy.
Biteganyijwe ko iki gitaramo gisozwa kuri uyu wa 13 aho kiraba kirimo umuhanzi Kizz Daniel mu bahanzi Nyarwanda abagaragara ku rubyiniro harimo Bruce Melodie, Ariel Wayz,Niyo Bosco ndetse nabaserutse k’umunsi w’ejo.
Umubyinnyi wa Sheebah yabyinnye mu buryo budasanzwe
Ariel Wayz wakiriye Sheebah nawe ari mubaje kwihera ijisho.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *