Mu mafoto reba uko ibyamamare byaserutse byambaye mu birori bya ‘Dîner en Blanc’
Yanditswe: Monday 13, Jun 2022
Mu mafoto atandukanye ihere ijisho uko ibyamamare byitabiriye ibirori bya ‘Dîner en Blanc’ mu myambaro y’umweru.
Ni ibirori byabaye ku nshuro ya karindwi hano i Kigali bibera ku musozi wa Rebero mu Mujyi wa Kigali ahitwa Green Jade Garden.
Ni ibirori byitabiriwe n’abantu batandukanye barimo n’abahanzi Nyarwanda basusurukije abari aho.
Dîner en Blanc ni ibirori byabereye ku nshuro ya mbere i Paris mu Bufaransa mu myaka igera kuri 30 ishize. Icyo gihe François Pasquier yari asubiye iwabo mu Bufaransa nyuma yo kumara imyaka myinshi mu mahanga atabona inshuti ze zo mu bwana n’abavandimwe.
Kigali ni wo Mujyi wa mbere wateguriwemo ndetse unizihirizwamo Dîner en Blanc ku Mugabane wa Afurika, kuwa 11 Nyakanga 2012 mu birori byabereye i Gacuriro.
Kuva icyo gihe byabaye ibirori ngarukamwaka uretse mu bihe bya Covid byari byarahagaze bikaba byongeye gusubukurwa muri 2022.
Mike Kayihura ni umwe mubasusurukije abari bitabiriye ibyo birori
INKI utuye ku mugabane w’u Burayi yataramiye abitabiriye ibirori by’abambaye umweru
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *