skol

Mukura VS yemeje abatoza bashya

Yanditswe: Friday 18, Jul 2025

featured-image

Mukura Victory Sports et Loisir yemeje abatoza bashya bayobowe na Nshimiyimana Canisius wari umaze igihe kinini yungirije muri iyi kipe.

Nshimiyimana amaze imyaka 27 muri iyi Kipe y’i Huye kuko yayigezemo nk’umukinnyi mu 1998. Nyuma yo gusezera guconga ruhago yatangiye gutoza amakipe y’abato agenda azamuka.

Umwe mu bayobozi ba Mukura VS yabwiye IGIHE ko nubwo hari ibitararangira ariko bifuza kumuha amahirwe.

Ati “Canisius amenyereye ikipe rero rimwe na rimwe hari igihe n’Abanyarwanda baba bakwiye amahirwe, cyane ko n’ikipe yacu itahindutse cyane, benshi mu bakinnyi baraziranye.”

Nshimiyimana azungirizwa n’Umurundi Nimubona Thierry uzwi nka Combe wanyuze mu makipe nka Vital’O FC Bumamuru na Flambeau du Centre.

Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ni Niyonkuru Ramadhan uzwi nka Boateng wanyuze mu makipe menshi arimo na Mukura.

Iyi kipe y’i Huye ntabwo izahinduka cyane kuko imaze kugura abakinnyi nka Mutsinzi Patrick, Joseph Sackey na Tuyishime Emmanuel.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa