skol
fortebet

Ngina Kenyatta umukobwa wa Perezida Kenyatta yasabwe, anakobwa n’umugabo babyaranye

Yanditswe: Tuesday 21, Jun 2022

featured-image

Sponsored Ad

Ngina Kenyatta umukobwa wa Uhuru Kenyatta yasabwe anakobwa na Alex Mwai bari barabyaranye umwana wabo w’imfura.

Sponsored Ad

Ibirori by’ubukwe bw’aba bombi byabaye mu buryo bw’ibanga cyane ko no mu busanzwe Ngina Kenyatta adakunze gushyira ubuzima bwe ku karubanda.

Iby’ubukwe bwabo byamenyekanye ubwo Denis Itumbi wahoze akora mu biro by’umukuri w’Igihugu cya Kenya yifurizaga kuzagira urugo rw’umugisha Ngina Kenyatta.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati"Ngina Kenyatta, Nkurase amashimwe kubw’imihango y’ubukwe bw’umuco wasohoje".

Akomeza agira ati" Imana inoze inzira z’ubuzima bwawe bushya iyuzuze imigisha kandi ikomeze imfundo y’urukundo izanabubakire".

Alex Mwai wasabye akanakwa Ngina Kenyatta avuka kuri Mwai Sam umuherwe ukomeye mu Gihugu cya Kenya.

Alex Mwai afite impamyabumenyi y’ikiciro cya kabiri cya Kaminuza yakuye mu bwongereza kugeza ubu akorana n’ibigo bikomeye by’ubucuruzi muri Kenya.

Aba bombi bakoze imihango y’ubukwe ny’uma yuko bari barabyaranye umwana wabo w’imfura.

Ni umuhango witabiriwe n’abantu bake barimo inshuti za hafi ndetse n’imiryango icyakora amakuru avuga ko Perezeda Kenyatta n’umugore we nabo bari bitabiriye ibirori by’umwana wabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa