skol

Ntwari Fiacre agiye kumara amezi abiri adakina

Yanditswe: Wednesday 12, Nov 2025

featured-image

Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu “Amavubi” n’Ikipe ya Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo, Ntwari Fiacre, ari mu bitaro nyuma yo kubagwa urutugu ndetse azamara amezi abiri adakina.

Ntwari w’imyaka 26 y’amavuko, yavunikiye mu mukino Kaizer Chiefs yakinnye mu mpera z’ukwezi gushize, bituma atongera kugaragara mu mikino iyi kipe iheruka gukina.

Abaganga b’iyi kipe batangaje ko azamara hafi amezi abiri adakandagira mu kibuga kugira ngo abanze amere neza mbere yo gusubukura imyitozo.

Abakinnyi batandukanye barimo abo bakinana mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ bamwifurije gukira vuba mu butumwa butandukanye banditse ku mbuga nkoranyambaga.

Ntwari Fiacre yageze muri Kaizer Chiefs mu mpeshyi ya 2024, avuye muri TS Galaxy aho yigaragaje nk’umukinnyi ufite ubunararibonye n’ubuhanga mu izamu.

Mbere yo kuvunika, Ntwari yakinnye imikino itandukanye ndetse ubuyobozi bwa Kaizer Chiefs bwemeje ko ari gukurikiranwa n’abaganga be bya hafi, kandi bwizeye ko azagaruka mu kibuga ameze neza.

Uyu munyezamu wa mbere w’Ikipe y’Igihugu nta mikino mpuzamahanga yari afite muri uku kwezi kwa Ugushyingo kuko u Rwanda rutazakina imikino ya gicuti ndetse hakaba harateguwe umwiherero uzitabirwa n’abakina imbere mu gihugu gusa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa