skol
fortebet

Nyuma y’iminsi Sandra Teta akorerwa ubuvugizi yatashye mu Rwanda

Yanditswe: Thursday 11, Aug 2022

featured-image

Sponsored Ad

Nyuma y’iminsi havuzwe ko Ababyeyi ba Sandra Teta berekeje muri Uganda kuzana umukobwa wabo wahohoterwaga n’umugabo we Weasel ubu yageze mu Rwanda.

Sponsored Ad

Amakuru ahari avuga ko Sandra Teta yageze mu Rwanda ku wa 10 Kanama 2022 ari kumwe n’abana be babiri yabyaranye na Weasel.

Ni nyuma y’ubuvugizi bwakorwaga n’abantu b’ingeri zitandukanye yaba ku mbuga nkoranyambaga, mu itangazamakuru ryo mu Rwanda no muri Uganda. Ni byo byatumye umuryango wa Teta ujya i Kampala kugira ngo ufashe umukobwa wabo gutaha.

Bivugwa ko ubwo Se wa Sandra Teta yageraga i Kampala, yavuganye n’umwana we, bakemeranya ko agomba gutaha kuko nawe ari byo yashakaga cyane ko ngo yari yarabuze uko yava iruhande rwa Weasel.

Mu minsi ishize hasohotse amafoto agaragaza Teta Sandra yakubiswe bikomeye ndetse hanahishurwa andi y’uko yaba asanzwe akubitwa bikomeye na Weasel.

Kuva aya mafoto yasohoka, abantu banyuranye bahagurukiye rimwe batangira kwamagana ihohoterwa Weasel yakoreraga umugore we.

Ibi bibazo byavutse mu gihe Teta Sandra na Weasel bari bamaze iminsi bagaragaje ko bari mu myiteguro y’ubukwe bari batangaje ko buteganyijwe mu minsi iri imbere.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa