Nyuma y’ubukwe Miss Balbine n’umukunzi we bakomeje kuryoherwa n’ukwabuki(AMAFOTO)
Yanditswe: Monday 10, Oct 2022
Miss Mutoni Balbine wabaye igisonga cya kane cya Nyampinga w’u Rwanda 2015 akomeje kuryoherwa n’ukwezi kwa buki (Honey moon) n’umukunzi we Kwitonda Arsène baherutse gusezerana kubana akaramata nyuma y’imyaka umunani bakundana.
Imihango y’ubukwe bw’aba bombi yabaye ku wa 1 Ukwakira 2022 ibera mu muyi wa Kigali mu gihe aba bombi basanzwe batuye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Mutoni n’umukunzi we batangiye gukundana bakiri ku ntebe y’ishuri, ndetse bakunze kugaragara bari kumwe ubwo uyu mukobwa yitabiraga akanegukana irushanwa rya Miss High School mu 2014.
Nyuma y’umwaka umwe, Balbine yahise yitabira irushanwa rya Miss Rwanda mu 2015 anegukana ikamba ry’Igisonga cya kane. Yongeye guhatana mu 2016 nabwo ntiyahirwa.
Uru rugendo rw’amarushanwa y’ubwiza, Balbine yarugendanye na Kwitonda.
Nyuma y’urugendo rwo mu marushanwa y’ubwiza, Balbine yayobotse iy’itangazamakuru ariko ntiyaritindamo kuko yahise yerekeza ku mugabane w’u Burayi aho yasanze umukunzi mbere y’uko berekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho batuye uyu munsi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *