skol
fortebet

Perezida Kagame yashimye PSG yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Thursday 07, May 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

Sponsored Ad

skol

Perezida Kagame yashimye ikipe ya Paris Sait Germain ifitanye imikoranire na Visit Rwanda, yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League nyuma yo kunganya na Bayern Munchen 1-1 mu mukino wo kwishyura wa ½.

PSG yakomeje ku giteranyo cy’ibitego 6-5 mu mikino yombi, kuko ubanza wabereye mu Bufaransa warangiye ikipe y’i Paris itsinze Bayern Munchen 5-4.

Ubwo umukino wari urangiye Perezida Kagame abinyujije kuri X yagize ati “Ndagushimiye mufatanyabikorwa wa Visit Rwanda, Paris Saint Germain kuba wageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League nyuma y’urugendo runogeye ijisho. Amakipe yose yageze ku mukino wa nyuma ndayifuriza amahirwe, mu mukino wa nyuma bigaragara ko uzaba ukomeye.”

Ni ku nshuro ya gatatu iyi kipe yo mu Bufaransa igera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, nyuma ya 2019/20 na 2024/25 ubwo yanaritwaraga itsinze Inter de Milan.

Paris Saint Germain izahura na Arsenal FC yo mu Bwongereza ku mukino wa nyuma uzabera i Budapest muri Hongrie ku wa 30 Gicurasi 2026. Amakipe yombi ahuriye ku kuba yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa