Rayvanny yemeje amakuru yo gutandukana na Paulla,agira inama abakunzi be
Yanditswe: Monday 19, Sep 2022

Umuhanzi uri mu bakomeye muri Tanzania wubatse izina nka Rayvanny yemeke amakuru yo gutandukana na Paulla Kajala wari umukunzi we avuga ko yirinze kuba imbata y’urukundo aahitamo kwiha amahoro.
Rayvanny yatangaje ko yamaze gutandukana na Paula Kajala bari bamaze igihe bari mu munyenga w’urukundo.
Ibi yabivuze ubwo yari mu gitaramo cyabereye ka Sumbawanga avuga ko yahaye umutima we amahoro agatandukana na Paula.
Avuga ko kugeza ubu nta mukunzi afite kandi agira inama abafana be yo kutaba imbata y’urukundo.
Ati:”Ntuzigere na rimwe wemera kuba imbata y’urukundo, narekeye aho kuremereza umutima wanjye muha amahoro ntandukana na Paula.”
Yayvanny yemeje aya makuru nyuma y’iminsi mike atandukanye n’inzu ya Wasaf iyobowe na Diamond Platnumz yarebereraga inyungu zuyu muhanzi
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *