skol

Ruhago y’Abagore: Uwatozaga Forever WFC yatandukanye na yo

Yanditswe: Sunday 28, Dec 2025

featured-image

Habimana Nuru wari umaze imyaka isaga ari umutoza wa Forever WFC, yamaze gutandukana na yo nyuma yo gutsindwa na Bugesera WFC mu mukino w’umunsi wa 11 wa Shampiyona y’Abagore.

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru kiri kugana ku musozo, ni bwo hasojwe imikino imikino ibanza muri Shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya Mbere. Ni imikino yasize uwari umutoza mukuru wa Forever WFC, Habimana Nuru, atandukanye na yo.
Ubwo iyi kipe ya Hon. Mukanoheri Saidat yatsindwaga na Bugesera WFC ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri Tapis Rouge i Nyamirambo, Nuru yahise afata umwanzuro wo kwegura ku nshingano zo gukomeza gutoza iyi kipe.

Ni amakuru yemereye UMUSEKE. Yagize ati “Yego ni ko kuri namaze kwegura kuko umusaruro utabaye mwiza. Buriya iyo ubona ibintu bidakunda, urabireka hakagira abaza guhindura ibitangenda.”

Yakomeje agira ati “Kuko Forever WFC si mbi ku bakinnyi. Hari igihe umutoza aba atari mwiza.”
Ni umutoza wari umaze hafi imyaka itanu ayitoza n’ubwo yagiye ayivamo akagenda ariko akongera akagaruka. Nuru assize Forever WFC iri ku mwanya wa Cyenda n’amanota Icyenda mu makipe 12 akina Shampiyona y’Abagore.

Mu mikino yo kwishyura, iyi kipe izatangira yakira AS Kigali WFC banganya amanota.

Habimana Nuru watozaga Forever WFC, yamaze gutandukana na yo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa