Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire, Elye Wahi, ari mu bakinnyi bari kuvugwaho cyane nyuma yo gukekwaho kugira uruhare mu kugurisha imikino ubwo yakinaga mu ikipe ya Nice yo mu Bufaransa.
Aya makuru yasohotse mu gihe uyu mukinnyi ari kumwe na bagenzi be bitegura imikino ikurikira y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho Côte d’Ivoire yatangiye neza itsinda Equateur igitego 1-0 mu mukino wa mbere wabaye ku wa 15 Kamena 2026.
Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru The Athletic agaragaza ko Wahi ari gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera zo mu Bufaransa, aho akekwaho ibyaha birimo uburiganya, ruswa n’iyezandonke bifitanye isano n’imikino yakinnye.
Ibiro by’Ubushinjacyaha byo mu Mujyi wa Marseille byemeje ko uyu mukinnyi w’imyaka 23 yafashwe akabazwa ku wa 29 Gicurasi 2026, mbere yo kurekurwa by’agateganyo nyuma y’iperereza ry’ibanze.
Nubwo yafunzwe akaza kurekurwa, byamworoheye guhita yitabira ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire mu marushanwa y’Igikombe cy’Isi, aho ari mu bakinnyi umutoza yizeyeho ibitego.
Mu byo akekwaho, harimo no kuba yaragize imyitwarire iteye amakenga mu mukino Nice yahuyemo na FC Metz ku wa 17 Gicurasi, aho bivugwa ko yahawe ikarita y’umuhondo mu buryo bushobora kuba bufitanye isano n’ibyo akurikiranyweho.
Iperereza riracyakomeje, kandi nta mwanzuro ndakuka urafatwa kuri ibi birego. Ku ruhande rwe, Wahi aracyakina ndetse ari mu bakinnyi bafasha Côte d’Ivoire mu mikino iri gukinwa muri iri rushanwa rikomeye ku Isi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *