Serena Williams, umwe mu bakinnyi b’ibihe byose ba Tennis, agiye kugaruka mu marushanwa nyuma y’imyaka hafi ine ahagaritse gukina mu babigize umwuga.
Serena w’imyaka 44, azitabira irushanwa rya Queen’s Club mu bagore bakina ari babiri babiri rizatangira mu cyumweru gitaha mu Bwongereza.
Nubwo uwo bazakinana ataramenyekana kugeza ubu bivugwa ko azafatanya na Victoria Mboko umukobwa w’imyaka 19 ufite ababyeyi bavuye muri DR Congo ubu akaba ari nimero ya mbere muri Canada mu bagore bakina Tennis.
Serena ntarongera kuboneka mu mikino yo kurushanwa kuva mu 2022, ni nyuma yo gutwara ibikombe 23 bya Grand Slam mu myaka 27 yamaze akina mu babigize umwuga.
Amakuru ko yaba agiye kugaruka yatangiye kuvugwa ubwo izina rye ryabonekaga ku rutonde rw’abakinnyi basuzumwa ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge muri uyu mwaka.
Icyo gihe yahakanye ko agiye kugaruka, ariko ibihuha byariyongereye ubwo yasohokaga ku rutonde rw’abakinnyi babigize umwuga rw’impuzamashyirahamwe ya Tennis rwasohotse mu kwezi kwa kabiri.
Uyu munsi, ku mbuga nkoranyambaga Serena yatangaje video arimo kugenda mu kibuga cya Tennis, yandikaho ati: “Ndizera ko buri wese yumvise amakuru”, yongeraho ati: “Amakuru meza arihuta cyane”.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *