Tadej Pogačar yagaragaje inyota yo kwegukana isiganwa mu Rwanda
Yanditswe: Wednesday 17, Sep 2025
Umunya-Slovenia, Tadej Pogačar, wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare iheruka yagaragaje inyoto yo kwisubiza iri siganwa mu gihe azaba ari guhatanira i Kigali.
Ibi ni bimwe mu biri mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 16 Nzeri 2025, ubwo yerekaga abakunzi be ko akajije imyitozo yo gukina iri siganwa.
Yagize ati “Nishimiye cyane gusiganwa nambaye umwambaro w’umukororombya [uhabwa uwegukanye Shampiyona y’Isi]. Igihe kirageze ngo nkomeze kuwambara ubwo nzaba ndi mu Rwanda mu cyumweru gitaha.”
Tadej Pogačar kugeza ubu ni we nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare, akaba ari mu bakinnyi icyenda bagize Ikipe y’Igihugu y’Abagabo ya Slovenia izitabira Shampiyona y’Isi izabera i Kigali muri uku kwezi.
Uyu mukinnyi w’imyaka 26, wegukanye Shampiyona y’Isi ya 2024 mu gusiganwa mu muhanda yabereye i Zürich mu Busuwisi, ari mu bakinnyi icyenda bagize ikipe nkuru ya Slovenia.
Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare iteganyijwe kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2028, aho abakinnyi bazasiganwa mu byiciro by’abagore birimo iby’abato, abatarengeje imyaka 23 n’abakuze.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *