skol
fortebet

Teta Sandra yahawe impano y’imodoka

Yanditswe: Thursday 17, Apr 2025

featured-image

Sponsored Ad

Teta Sandra usanzwe ubana na Weasel bamaze igihe bakundana ndetse kugeza ubu bakaba bafitanye abana babiri, yahawe impano y’imodoka n’uyu mugabo we uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wa Uganda.

Sponsored Ad

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Teta Sandra yashimiye umugabo we wamuhaye impano y’imodoka, ati “Imodoka nshya, umugabo wanjye niwe wabikoze!”

Mu minsi ishize nibwo Weasel wari umaze igihe kirenga amezi ane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yari yagiye kurwaza mukuru we, Jose Chameleone, yasubiye muri Uganda yakirwa n’umuryango we.

Iyi modoka Teta Sandra ayihawe mu gihe hashize iminsi atangaje ko bari mu myiteguro y’ubukwe bwabo.

Weasel na Teta Sandra batangiye gukundana mu 2018 ubwo uyu mugore yari yimukiye muri Uganda, nyuma baje kubyarana abana babiri.

Icyakora nubwo babanaga banafitanye abana, ntabwo intangiriro z’urugo rwabo zabaye nziza.

Muri Kanama 2022 nibwo Teta Sandra yatashye mu Rwanda nyuma y’aho bivuzwe ko yahohoterwaga n’uyu mugabo

Ni inkuru zahagurukije inzego zitandukanye ndetse n’ababyeyi be bamufasha kuva i Kampala ataha i Kigali, aho yamaze igihe atuye.

Muri Mata 2023 Teta Sandra yaje gufata icyemezo cyo gusubira mu rugo rwe.

Teta Sandra ntabwo yigeze avuga ku kibazo cyo guhohoterwa na Weasel ahubwo yanigeze kugaragara yiyama abivanga mu by’urugo rwe.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa