skol

Twinjirane mu buryohe bw’umunsi wa nyuma wa Shampiyona y’Isi y’Amagare [AMAFOTO]

Yanditswe: Sunday 28, Sep 2025

featured-image

Shampiyona y’Isi y’Amagare, imaze iminsi ibera mu Mujyi wa Kigali, irasatira umusozo. Ubu, amaso y’abakunzi b’umukino w’amagare, ahanzwe i Kigali ahari gusorezwa iri rushanwa rigeze ku munsi waryo wa munani, ari na wo wa nyuma.

Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly; Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe; Igikomangoma cya Monaco, Albert II na Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi, UCI, David Lappartient, ni bo batangije isiganwa rya nyuma rya Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Abakinnyi 164 ni bo bahagurutse kuri Kigali Convention Centre, aho isiganwa ryatangiriye ndetse riza no gusoreza.

Umuholandi Sam Oomen ntiyashoboye gutangirana isiganwa n’abandi. Mu mpamvu zishobora gutuma umukinnyi adatangira, harimo uburwayi.

Abasiganwa babanje kugenda intera ya kilometero 1,5 itabarwa, batangira isiganwa ry’ibilometero 267,5 bageze imbere y’inyubako y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, ku Gishushu.

U Rwanda rwakwandika amateka muri Shampiyona y’Isi y’Amagare mu bagabo bakuru basiganwa mu muhanda?

Team Rwanda igizwe n’abakinnyi 6, batangiye isiganwa. Ni Manizabayo Eric, Masengesho Vainqueur, Byukusenge Patrick, Muhoza Eric, Nkundabera Eric na Nsengiyumva Shemu. Mugisha Moïse wari witezwe mu bakinnyi b’u Rwanda yasimbuwe na Byukusenge Patrick nyuma yo kugira uburwayi bw’amenyo bwatumye atitoza neza.

Aba bakinnyi bitezweho gukora ibitangaza, bagasoza iri rushanwa kuko nta Munyarwanda, urabikora muri iki cyiciro.

Umunya- Slovenia Tadej Pogačar wegukanye Shampiyona y’Isi yo gusiganwa mu muhanda yabereye mu Mujyi wa Zurich mu Busuwisi mu 2024 n’Umubiligi Remco Evenepoel watwaye iya 2022, yakiniwe mu Mujyi wa Wollongong muri Australia, ni bo bahabwa amahirwe yo kumwenyurira i Kigali.

Mu gutangira iyi shampiyona, Remco Evenepoel yanditse amateka yo kwegukana ‘Individual Time Trial’ ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, ahigitse abarimo Tadej, aho mu gusiganwa n’ibihe yakoresheje iminota 49,46 ku ntera 40.6km.

Abayobozi bafunguye ku mugaragaro umunsi wa nyuma wa Shampiyona y’Isi y’Amagare

Amakipe yose yambariye gutsinda

Amaso yose y’abakunzi b’igare ku Isi bayahanze i Kigali

Abasiganwa basiganwe mu muhanda [Road Race] ku ntera y’ibilometero 267,5

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa