Twinjirane muri Shampiyona y’Isi y’Umukino w’amagare ku munsi 3 (Live)
Yanditswe: Tuesday 23, Sep 2025
munsi wa Gatatu wa shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare. Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 harasiganwa abakinnyi bato mu bagore aho bagiye gukoresha intera y’ibilometero 18.3.
Igice cyo gusiganwa n’isaha buri muntu ku giti cye kirarangirana n’uyu munsi wa gatatu w’irushanwa; ku bagabo n’abagore.
Kuva mu 1927, shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare yitabirwaga n’abagabo gusa, ariko mu 1958 ku nshuro ya mbere hongerwamo icyiciro cy’abagore, naho mu 1975 hongerwamo ibyiciro by’abakiri bato.
Mu 1994 nibwo hatangijwe igice cyo gusiganwa n’isaha umuntu ku giti cye (ITT) mu byiciro byose byakinwaga.
Bwa mbere mu 2022 hahembwe abitwaye neza, batarengeje imyaka 23 mu bagore, gusa icyo gihe bakinanaga n’abakuru muri iki cyiciro.
Ni mu gihe 2025 i Kigali mu mutima w’Afurika ku nshuro ya mbere kuri uyu mugabane, hakomeje kwandikwa amateka yo kuba ku nshuro ya mbere abatarengeje imyaka 23 mu bagore bagiye gukina ukwabo.
Abasiganwa barahagurukira kuri BK Arena i Remera – Kimironko (Simba Supermarket) – Rwahama – Chez Lando – Prince House – Sonatube – Nyanza – kugaruka Sonatube – Rwandex – Kanogo – Mediheal – Women Foundation Ministries (Kwa Mignone) – Ku Muvunyi – KCC.
Umunya-Espagne, Paula Jessica Ostiz Taco, uzwi cyane mu isiganwa ry’umukino w’amagare, ubu ari i Kigali mu rw’imisozi 1 000.
Igihangange Paula Ostiz yabonye izuba tariki 12 Mutarama 2007. Umwaka ushize 2024 yaje ku mwanya wa mbere muri shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare mu ngimbi.
Abasesenguzi mpuzamahanga ku mukino w’amagare baravuga ko uyu munya-Espagne ashobora kwigukana irushanwa ry’uyu munsi mu bagore bato.
11hh06’00”: Umunyarwandakazi Yvonne Masengesho ni we ubimburiye abandi mu guhaguruka.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *