skol
fortebet

U Bufaransa bwasezereye Suède, Mbappé aca agahigo k’amateka

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Wednesday 01, Jul 2026

 U Bufaransa bwasezereye Suède, Mbappé aca agahigo k'amateka

Sponsored Ad

skol

Rutahizamu w’u Bufaransa, Kylian Mbappé, yongeye kwerekana ubuhanga bwe ayobora igihugu cye mu cyiciro cya 1/8 cy’Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma yo gutsinda Suède ibitego 3-0, anandika amateka mashya muri iri rushanwa.

Uyu mukino wa 1/16 wabereye kuri MetLife Stadium muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ijoro ryo ku wa Kabiri, watangiye Suède isatira ishaka kubona igitego hakiri kare binyuze cyane kuri Anthony Elanga. Icyakora, u Bufaransa bwagiye bufata umwanya munini wo gukina, buhindura isura y’umukino.

Mbappé yari hafi gufungura amazamu inshuro nyinshi mbere y’ikiruhuko, harimo igitego cyanzwe kubera kurarira ndetse n’ishoti ryakubise igiti cy’izamu. Michael Olise na we yakomeje gushyira igitutu ku bwugarizi bwa Suède, ariko umunyezamu akomeza kwitwara neza.

Ku munota wa 45, Mbappé yaje kubona igitego cya mbere ku mupira mwiza yari ahawe na Ousmane Dembélé, bituma u Bufaransa bujya kuruhuka buyoboye umukino.

Mu gice cya kabiri, Les Bleus bakomeje gusatira. Bradley Barcola yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 53, nyuma yo guhabwa umupira na Michael Olise.

Mbappé yaje gusoza akazi ku munota wa 74 atsinda igitego cya gatatu, na cyo cyaturutse ku mupira yatangiwe na Olise, ashimangira intsinzi y’u Bufaransa.

Ibi bitego byombi byafashije Mbappé kugera ku ntego idasanzwe yo gutsinda ibitego 10 mu mikino yo gukuranamo y’Igikombe cy’Isi, ibintu bimugira umukinnyi umaze kubikora kurusha abandi mu mateka y’iri rushanwa. Muri iri rushanwa rya 2026 kandi, agejeje ku bitego bitandatu, anganya na Lionel Messi.

Nyuma y’iyi ntsinzi, u Bufaransa bwabonye itike ya 1/8, aho buzahura na Paraguay ku wa Gatandatu, tariki ya 4 Nyakanga 2026, bushaka gukomeza urugendo rwo guhatanira igikombe.

Mu wundi mukino wabaye kuri uwo munsi, Norvège yasezereye Côte d’Ivoire iyitsinze ibitego 2-1, ihita ibona umwanya muri 1/8, aho izacakirana na Brésil.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa