skol
fortebet

U Bushinwa bwikomye Eswatini yakiriye Perezida wa Taiwan

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Thursday 07, May 2026

U Bushinwa bwikomye Eswatini yakiriye Perezida wa Taiwan

Sponsored Ad

skol

U Bushinwa bwikomye ubwami bwa Eswatini nyuma y’uko Perezida wa Taiwan amaze iminsi agiriyeyo uruzinduko.

Ibi u Bushinwa bwabitangaje ubwo bagarukaga ku ruzinduko Perezida wa Taiwan Lai Ching-te yagiriye muri iki gihugu cyo mu Majyepfo ya Afurika ku wa 3 Gicurasi 2026.

U Bushinwa buvuga ko Taiwan ari agace kabwo ndetse bugashinja bugashinja gukoresha amayeri y’ubufatanye mu by’ubukungu n’ishoramari ngo kabone ubufasha bw’amafaranga.

Mu kwezi gushize, Taiwan yatangaje ko u Bushinwa bwahatiye ibihugu bitatu bikora ku nyanja y’u Buhinde, kutemerera indege ya Perezida Lai kunyura mu kirere cyabyo ngo yerekeze muri Eswatini aho yari kwitabira isabukuru y’imyaka 40 Umwami Mswatti III amaze ku ngoma.

Umuvugizi muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bushinwa, Lin Jian, yavuze ko Perezida Lai yagiye muri Eswatini rwihishwa, agaragaza ko ibyo bikorwa byamaganywe n’umuryango mpuzamahanga.

U Bushinwa busanga Taiwan idakwiye kugirana imikoranire n’ibindi bihugu kuko iyifata nk’agace kari mu byo igenzura ndetse bukunze kwerekana ko nta burenganzira ifite bwo kugirana imikoranire mu bya dipolomasi n’ibindi bihugu.

Busaba ibihugu byifuza gukorana na yo, kugirana amasezerano n’imikoranire n’u Bushinwa kuko ari agace kayo, gusa Eswatini yo ntibikozwa kuko ishyigikiye ubwigenge bwa Taiwan.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa