U Rwanda rwabonye intsinzi ya kabiri muri ‘Billie Jean King Cup 2025’ (Amafoto)
Yanditswe: Tuesday 15, Jul 2025
U Rwanda rwabonye intsinzi ya kabiri mu Irushanwa rya Billie Jean King Cup 2025 riri kubera muri IPRC Kigali nyuma yo gutsinda Ethiopia imikino 3-0.
Kuri uyu wa Kabiri, Umutoza w’u Rwanda, Rutikanga Sylvain, yari yongeye guhitamo ikipe itarimo Lia Kaishiki ufite ikibazo mu kirenge.
Tuyisenge Olive na Umumararungu Gisèle bifashishijwe mu bakina ari umwe naho Umumarungu na Tuyishime Sonia bafatanya mu bakina ari babiri.
Tuyisenge Olive yafashije u Rwanda gutsinda Ethiopia umukino wa mbere mu bakina ari umwe, atsinda Tigist Alemu Asha amaseti 2-0 (6-4, 6-3).
Umumararungu Gisèle na we yafashije u Rwanda gutsinda umukino wa kabiri, aho yatsinze Shakira Varese w’Ikipe y’Igihugu ya Ethiopia amaseti 2-0 (6-2, 6-1).
Mu mukino wa gatatu, Umumararungu Gisèle na Tuyishime Sonia batsinze Tigist Alemu Asha na Samirawit Andarga Duche amaseti 2-0 (6-1, 6-2), bashimangira intsinzi y’Ikipe y’Igihugu.
Undi mukino wabaye mu Itsinda C ry’u Rwanda, Sénégal yabonye intsinzi ya kabiri nyuma yo kwihererana Congo Brazzaville ikayitsinda imikino 3-0.
Mu Itsinda A, Lesotho yatsinzwe na Bénin imikino 3-0 naho Cameroun itsinda Mozambique imikino 2-1. Ni mu gihe mu Itsinda B, Tanzania yatsinze Seychelles imikino 2-1 naho Togo igatsinda Sudani imikino 3-0.
Ku wa Gatatu, u Rwanda ruzakina na Sénégal mu mukino usoza iyo mu Itsinda C uzatangira saa Yine za mu gitondo. Ibihugu byombi byatsinze imikino ibiri byakinnye. Ni mu gihe Ethiopia izisobanura na Congo Brazzaville.
Mu Itsinda A, Cameroun izakina na Bénin naho Lesotho yisobanure na Mozambique mu gihe mu Itsinda B, Togo izakina na Tanzania naho Sudani ikine na Seychelles.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *