uko shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare irimo kubera mu rw’imisozi igihugu. Ni ku nshuro ya mbere ibereye ku mugabane w’Afurika kuva yatangira.
Ni shampiyona yatangiye gukinwa mu mwaka w’i 1921 itangira ikinwa n’abatarabigize umwuga, mu cyiciro cy’abagabo gusa.
Nyuma y’imyaka itandatu mu 1927 nibwo Shampiyona y’Isi y’Umukino w’Amagare mu muhanda yatangiye mu buryo bw’ababigize umwuga, kugeza aho u Rwanda ruyakiriye nyuma y’imyaka 103 ibayeho.
Gahunda y’umunsi wa mbere wa shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare
09h20: Shampiyona irafungurwa ku mugaragaro muri BK Arena
10h10: Abagore babigize umwuga baratangira isiganwa ryitwa “Time Trial”.
13h45: Abagabo babigize umwuga baratangira isiganwa ryitwa “Time Trial”.
Umunya-Afghanistan, Yulduz Hashimi, mu cyiciro cy’abagore ni we uza guhaguruka mbere y’abandi saa Ine n’iminota 10.
09h30: Peresida wa Repubulika Paul Kagame ageze muri BK Arena ahagiye gutangirira shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *