skol
fortebet

Umu ‘Bouncer’ wa The Mane Music yavuye mu kazi asanga inzu ye yahiye ntihagira igisigara

Yanditswe: Monday 16, Jan 2023

featured-image

Sponsored Ad

Itangishaka James usanzwe ari umu ‘Bouncer’ ukorana bya hafi na The Mane Music, yatunguwe no kuva ku kazi asanga inzu ye yahiye yakongotse ku buryo nta kintu na kimwe cyarokotsemo.

Sponsored Ad

Uyu musore usanzwe akorana na The Mane Music ariko ntibimubuze gukorana n’abandi bantu banyuranye, yabwiye Igihe ko ku Cyumweru tariki 16 Mutarama 2023 yari yakoreye mu Karere ka Muhanga aho yari yaherekeje umukire wari wamuhaye ikiraka.

Ubwo yari atashye nyuma yo kuva mu Karere ka Muhanga, yatunguwe no gusanga iwe huzuye abantu bashungereye inzu iri gushya.

Ati “Nari mvuye mu kazi mu gitondo hafi saa kumi n’imwe zishyira saa kumi n’ebyiri, ubusanzwe ntuye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi. Ngeze mu rugo rero natunguwe no gusanga abantu benshi iwanjye bashungereye inzu nabagamo iri gushya.”

Itangishaka ahamya ko ibintu byose byari mu nzu byahiriyemo kuko nta wundi wari kugira icyo arokora kuko yari inzu imwe yonyine mu gipangu kandi nta wundi muntu babanaga yewe ngo n’umukozi we yakoraga ataha.

Itangishaka yavuze ko hakiri gukorwa iperereza ku mpamvu zateye iyi nkongi.

Src:Igihe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa