Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo agiye gukora ubukwe n’umusore bakundana.
Mu rupapuro rw’integuza y’ubukwe bwa Mushashi bigaragara ko buzaba ku wa 14 Werurwe 2026. Nta bindi byinshi bigaragaraho uretse amazina y’umusore bagiye kurushinga witwa N.Francis.
Mu butumwa yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, uyu mukobwa yagaragaje ishimwe rikomeye yifashishije amagambo aboneka mu Ndirimbo ya Salomo 3:4, ati “Nabonye uwo umutima wanjye ukunda.”
Uyu munyamakuru yamenyekanye cyane kuri TV1 yakoreye kuva mu 2017 kugeza mu 2024. Mbere y’aho mu 2016 yakoreye Radiyo Salus dore ko yanize muri Kaminuza y’u Rwanda aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu ishami ry’Ububanyi n’Amahanga. Hagati ya 2014 na 2016 yakoreye RC Huye.
Aimée Beauté Mushashi akorana n’ibigo bitandukanye birimo Mashirika, Urunana, Labenevolencia n’ibindi ku mishinga itandukanye.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *