Imyidagaduro
Umunyamakuru w’imikino Horaho Axel agiye gutura muri Amerika(AMAFOTO)
Yanditswe: Saturday 18, Jun 2022
Umunyamakuru ukomeye mu rubuga rw’imikino ukunzwe hano mu Rwanda wamenyekanye nka Horaho Axel nyuma y’icyumweru kimwe akoze ubukwe n’umukunzi we bahise bajya gutura muri Amerika.
Horaho Axel asangayo mugenzi we Taifa bakoranaga umaze igihe gito we n’umuryango we bagiye gutura muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo Horaho Axel na Masera Nicole Nirira usanzwe atuye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika bari bakoze imihango ya gakondo y’ubukwe ndetse no mu idini, mu mihango yabereye mu ntara y’Amajyepfo.
Aba bombi bakoze ubukwe nyuma y’umwaka basezeranye imbere imbere y’amategeko mu muhango wabaye kuwa 18 Werurwe 2021 mu murenge wa Ngoma.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *