Umutoza Seninga Innocent yongerewe amasezerano muri Etincelles FC
Yanditswe: Wednesday 16, Jul 2025
Ikipe ya Etincelles FC yatangaje ko Seninga Innocent azakomeza kuba Umutoza wayo mu mwaka w’imikino wa 2025/26.
Seninga yatoje Etincelles FC kuva muri Mutarama uyu mwaka, ariko imuhagarika iminsi 12 muri Gicurasi mbere yo kumusubiza mu kazi akayifasha kuguma mu Cyiciro cya Mbere.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 15 Nyakanga, ni bwo iyi kipe yo mu Karere ka Rubavu yatangaje ko izakomezanya na Seninga.
Ni ku nshuro ya kane Seninga asinye amasezerano yo gutoza Etincelles FC nyuma y’uko yayibayemo mu 2016 na 2019.
Andi makipe yatoje arimo Police FC, Bugesera FC, Musanze FC, Sunrise FC na Gendarmerie Nationale FC yo muri Djibouti.
Yabaye kandi Umutoza Wungirije mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ ndetse ajya yifashishwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu guhugura abandi batoza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *