skol
fortebet

Abafana ba Arsenal batunguwe n’umusifuzi wahawe umukino bazasuramo Man City

Yanditswe: Thursday 19, Sep 2024

featured-image

Sponsored Ad

Michael Oliver yahawe kuzasifura umukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona y’Ubwongereza uzahuza Man City na Arsenal kuri Etihad Stadium , ibintu byatunguye abafana ba Arsenal.

Sponsored Ad

Ni umukino ubanza wa shampiyona y’Ubwongereza w’umunsi wa gatanu uzaba tariki 22 Nzeri 2024 ukabera ku kibuga cya Man City .

Si ubwambere uyu musifuzi agiye gusifurira aya makipe yombi , kuko umwaka ushize yasifuye umukino ubanza , muri shampiyona kuri sitade ya Arsenal Emiletes , aho umukino warangiye Arseanl itsinze Man City igitego 1-0.

Nyuma y’uwo mukino Howard Webb, yavuze ko Kovasic yagombaga guhabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo , yari gutuma ava mu kibuga gusa yongeraho ko icyemezo cyari gufatwa na VAR.

Michael Oliver uzasifura uyu mukino ari hagati mu kibuga , azafashwa na Stuart Burt na Dan Cook mu gihe Andy Madley azaba ari umusifuzi wa kane , John Brooks na Richard West bazaba bari kuri VAR.

Michael Oliver, ni umwe mu basifuzi beza mu Bwongereza , bivugwa ko bidatangaje kuba yahabwa uyu mukino kuko ntaho ahuriye n’aya makipe yombi.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa