skol
fortebet

Abafana ba Arsenal batunguwe n’umusifuzi wahawe umukino bazasuramo Man City

author-image

Yanditswe na: ISHIMWE Jean de Dieu
Kuwa: Thursday 19, Sep 2024

Abafana ba Arsenal batunguwe n'umusifuzi wahawe umukino bazasuramo Man City

Sponsored Ad

skol

Michael Oliver yahawe kuzasifura umukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona y’Ubwongereza uzahuza Man City na Arsenal kuri Etihad Stadium , ibintu byatunguye abafana ba Arsenal.

Ni umukino ubanza wa shampiyona y’Ubwongereza w’umunsi wa gatanu uzaba tariki 22 Nzeri 2024 ukabera ku kibuga cya Man City .

Si ubwambere uyu musifuzi agiye gusifurira aya makipe yombi , kuko umwaka ushize yasifuye umukino ubanza , muri shampiyona kuri sitade ya Arsenal Emiletes , aho umukino warangiye Arseanl itsinze Man City igitego 1-0.

Nyuma y’uwo mukino Howard Webb, yavuze ko Kovasic yagombaga guhabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo , yari gutuma ava mu kibuga gusa yongeraho ko icyemezo cyari gufatwa na VAR.

Michael Oliver uzasifura uyu mukino ari hagati mu kibuga , azafashwa na Stuart Burt na Dan Cook mu gihe Andy Madley azaba ari umusifuzi wa kane , John Brooks na Richard West bazaba bari kuri VAR.

Michael Oliver, ni umwe mu basifuzi beza mu Bwongereza , bivugwa ko bidatangaje kuba yahabwa uyu mukino kuko ntaho ahuriye n’aya makipe yombi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa