skol

Abafana barenga ibihumbi 5000 barifuza ko UEFA ihagarika Messi kubera ibyo yakoreye Fabinho [AMAFOTO]

Yanditswe: Saturday 04, May 2019

Abakunzi ba ruhago ku isi bamaze gusinya inzandiko zirenga 5000 zisaba UEFA ko yahagarika kabuhariwe Lionel Messi mu mukino wo kwishyura wa ½ cya UEFA Champions League, kubera igipfunsi yakubise mu mutwe umukinnyi wa Liverpool,Fabinho.

Mu mashusho yafashwe mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League wahuje FC Barcelona na Liverpool i Camp Nou,hari amashusho yafashwe agaragaza Messi ku munota wa 82 asimbukira Fabinho washakaga kumubuza inzira,amukubita igipfunsi cy’umutwe.

Aya mashusho yatumye benshi bacika ururondogoro,abasaga ibihumbi 5000 bandikira UEFA basaba ko yahagarika uyu rutahizamu w’igitangaza mu mukino wo kwishyura uzabera Camp Nou kubera iri kosa umusifuzi Bjorn Kuipers atabonye ahubwo agaha FC Barcelona Coup Franc, Messi yinjije mu buryo butangaje cyane.

Abafana benshi barakaye bavuga ko Messi ariwe mukinnyi urinzwe kurusha abandi ku isi,kuko ngo UEFA nta bihano yamufatira kandi bigaragara ko yakoze amakosa.

Fabinho yashatse guhagarika Messi washakaga kumucika agahabwa umupira na Suarez,ariko Messi yasimbutse ashaka kumuhunga afunga igipfunsi n’ukuboko kwe kw’ibumoso akimukubita mu mutwe nkuko amashusho abigaragaza.

Abafana babikabirije bavuga ko Messi yashakaga gukubita iki gipfunsi mu maso uyu Fabinho ari nayo mpamvu bifuza ko yahabwa ubutabera uyu rutahizamu agahagarikwa mu mukino wo kwishyura uzabera Anfield kuwa kabiri.

FC Barcelona yanyagiye ikipe ya Liverpool ibitego 3-0 mu mukino ubanza,biyongera amahirwe menshi yo kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League uzabera I Madrid kuwa 01 Kamena uyu mwaka.

Abafana barifuza ko Messi yahagarikwa mu mukino wo kwishyura na Liverpool kubera gukubita Fabinho

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa