Abakinnyi 5 bakomeye umuherwe waguze imigabane muri Man United ashaka guhita agura
Yanditswe: Monday 25, Dec 2023
Abafana ba Manchester United bahawe impano ya Noheri hakiri kare nyuma y’uko Sir Jim Ratcliffe wari amaze igihe kinini ategerejwe kugura imigabane ingana na 25% abigezeho kuri iki cyumweru.
Hari hashize amezi 13 bivugwa byatumye bamwe mu bafana batangira gutekereza ko bitazigera bibaho.
Uyu muherwe w’umwongereza yatanze miliyali imwe na miliyoni 300 z’amapawundi agura iriya migabane byatumye yegukana ibijyanye n’umusaruro w’ikipe mu kibuga.
Mu mwaka ushize nibwo abagize umuryango wa Glazer bashyize ku isoko United ariko baza kwisubiraho ntibayigura ubwo yari igiye kwegukanwa yose n’umwarabu Sheikh Jassim.
Bwana Ratcliffe niwe ugiye kwita ku byo kugura no kugurisha abakinnyi n’abatoza mu ikipe ya United ndetse amakuru aravuga ko ku ikubitiro arashora miliyoni 300 z’amapawundi.
Umukinnyi wa mbere uvugwa muri United ni rutahizamu Victor Osimhen wa Napoli uzasimbura Rasmus Hojlund wahombye.
Uwa kabiri n’umuholandi ukina muri FC Barcelona Frenkie de Jong ngo abafashe mu kibuga hagati.
Hari kandi kugarura umunyezamu David de Gea kugira ngo aze gusimbura Onana bitagenze neza.
Umudage Serge Gnabry nawe n’undi mukinnyi uvugwa muri United nyuma yo kwigaragaza cyane muri Bayern Munich yo mu Budage.
Myugariro w’umunya Portugal,Goncalo Inacio,ukinira Sporting CP n’undi mukinnyi ushobora kuza muri Man United ngo asimbure ba Varane,Evans na Lindelof batakoze akazi neza.
Uyu myugariro w’imyaka 22 afite amasezerano avuga ko ikipe imushaka yatanga miliyoni 50 z’amapawundi gusa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *