skol

Abakinnyi ba ADDAX SC babaye abere nyuma yo gushinjwa ko bariye Dendo y’umuturanyi

Yanditswe: Saturday 06, Jan 2024

featured-image

Abakinnyi b’ikipe ya ADDAX FC Juvenal Mvukiyehe ni abere ntabwo bigeze barya dendo [dindon] y’umuturanyi wabo nkukobyari byavuzwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 05 Mutarama 2024.

Umwe mu baturanyi b’aba bakinnyi yari yabwiye umunyamakuru wa Radio&TV10,Oswakim, ko barimo gusaba nyiri ADDAX SC, ari we Juvenal Mvukiyehe ngo abarihe itungo ryabo abakinnyi be bariye.

Amakuru yaje kumenyekana ko nta dindon y’umuturanyi aba bakinnyi bariye.

Iyi Dindon yarariraga amagi 12 yayataye iratorongera, ba nyirayo barayiburabashinja aba bakinnyi ko bayiriye.

Icyakora,nyuma y’amagambo ngo bagiye kubona babona iyi dendo iragarutse.

Kuki bari baketse ko yariwe n’abakinnyi ba ADDAX?

Ni uko mu kuyishakisha bageze aho aba bakinnyi bacumbitse, dore ko baturanye, bakahasanga amababa yapfuwe ’kuri dindon’.

Ikindi cyatumye babakeka ni uko muri aba bakinnyi harimo abaturuka mu bihugu bigira abaturage bazwiho gukunda byasaze inyama.

Ni bwo bwa mbere iyi dendo yari ibuze kuva bayigura kandi ngo yize kugenda ubwo yarimo kurarira amagi

Abana bavuga ko yinjiye mu gipangu abakinnyi ba ADDAX FC bacumbikamo bayireba kuva ubwo ngo ntiyagaruka

Yaje kugaruka nyuma y’amasaha 37 ibuze maze isubira mu magi.

Bikiba,Nyir’urugo yari yagize ati ’Abakinnyi baturuka muri RDC ntibagombaga kuyirebera izuba.’

Aba bakinnyi batuye mu murenge wa Muyumbu, muri Rwamagana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa