skol

Abakinnyi ba Arsenal bagaragaye bashwanira mu kibuga mbere yo gutsindwa na Fulham

Yanditswe: Monday 01, Jan 2024

featured-image

Umukinnyi mushya wa Arsenal,Declan Rice,yarakajwe no gutsindwa ibitego 2-1 na Fulham mu mukino wa nyuma wa shampiyona w’umwaka wa 2023 aho yavuze ko iyi kipe " yatengushye abafana".

Uyu mukinnyi yagaragaye ashwana na mugenzi we Gabriel Magalhães mbere yo gutsindwa igitego cya kabiri na Fulham, ndetse ibintu bisa naho bitameze neza muri iyi kipe.

Abakinnyi bose ba Arsenal basa n’abasubiye inyuma by’umwihariko abakina basatira izamu.

Umutoza Mikel Arteta yavuze ko kuriya gutsindwa na Fulham biteye isoni ndetse yemeza ko ariwo “mukino mubi cyane baize muri shampiyona y’uyu mwaka”.

Uyu yasabye abakinnyi be bari hasi guhindura ibintu kugirango birinde gukomeza kubabara muri Premier League.

The Gunners yatsinzwe imikino itatu mu mikino itanu iheruka gukina muri Premier League - ibona amanota ane gusa kuri 15 yashobokaga.

Amaze gutsindwa na West Ham ku wa kane, Rice yagize ati: "Ntabwo ari byiza bihagije. Intego twihaye muri shampiyona ntabwo yagezweho mu mikino ibiri ishize.

Ati: “Twatengushe abafana kandi natwe twababaye. Tugomba gufata ingamba nshya.

"Tugomba kurushaho kwigirira icyizere,gushaka cyane, imitekerereze igomba kuba nyiza.

Icyakora, Rice ntabwo yemera ko iki aricyo gihe cyo gutakaza icyize, ati: “Ntabwo uyu ari umwanya wo guta umutwe kandi haracyari imikino myinshi yo gukina.

Tugomba gukomeza kugira icyizere. Ntabwo ari igihe cyo gucika intege.

Dufite umutoza ukomeye,abakinnyi bakomeye. Tuzakomeza. Ntabwo nabyita umunaniro. Umuntu wese ameze neza.

Twari hafi cyane yo gutwara igikombe umwaka ushize. Uyu mwaka, turashaka kugitwara. ”

Arsenal yari ku mwanya wa mbere kuri noheli,ubu iri ku mwanya wa kane n’amanota 40 mu gihe Liverpool iri ku mwanya wa mbere n’amanota 42 n’umukino itarakina.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa