Abakinnyi ba FC Barcelone barimo Umwongereza Marcus Rashford bashobora kutemererwa kwandikishwa mu bazakina Shampiyona ya Espagne ya LaLiga, kubera ibibazo by’amikoro biri muri iyi kipe.
Tariki ya 16 Kanama 2025, ni bwo biteganyijwe ko hazakinwa umukino wa mbere wa FC Barcelone yegukanye igikombe cya shampiyona giheruka, aho izahura na RCD Mallorca.
Nk’uko bimeze kuva mu myaka itanu ishize, FC Barcelone ihanganye n’ibibazo by’amikoro bituma rimwe na rimwe itagura uwo yifuza cyangwa ngo igumane umwiza yari ifite.
Kugira ngo ikomeze guhangana n’ibi bibazo, yashatse kubyaza umusaruro imvune y’umunyezamu wayo, Marc-André ter Stegen, ikamusinyisha ko izamara amezi atanu adakina nyamara we akavuga ko azamara atatu.
Uyu mukinnyi ukomoka mu Budage yanze gusinya kuri raporo imushyira hanze y’ikibuga igihe kirekire, ndetse anahanishwa kwamburwa igitambaro cya kapiteni gihabwa Ronald Araújo.
Marc-André ter Stegen nakomeza kwinangira ntasinye kuri raporo kandi ari umwe mu batangwaho amafaranga menshi muri iyi kipe, biratuma bamwe mu bakinnyi bashya binjiye muri iyi kipe muri iyi mpeshyi batandikishwa.
Umwe muri abo bakinnyi ni rutahizamu ukina anyuze mu mpande, Marcus Rashford. Uyu ni we mukinnyi ukomeye iyi kipe yaguze ku isoko ry’abakinnyi riheruka ndetse unategerejwe n’abafana bayo batari bake.
Abandi ni umunyezamu Joan Garcia wavuye muri Espanyol, Marc Bernal, Gerard Martin na Hector Fort bazamuwe mu ikipe nkuru.
Ibi bibazo kandi biratiza umurindi gusohoka kwa Oriol Romeu ukina mu kibuga hagati muri iyi kipe wari waratijwe Girona, mu gihe uwitwa Inigo Martinez na we ari mu nzira zo kujya muri Al-Nassr yo muri Arabie Saoudite.
Bivugwa ko kugira ngo FC Barcelone yirinde ibibazo byose byatuma itandikisha abakinnyi ikanatakaza abandi, yatandukana na Marc-André ter Stegen igasigarana Wojciech Szczęsny nk’umunyezamu wa mbere.
Umukino wa nyuma mu ya gicuti w’iyi kipe uteganyijwe ku Cyumweru, tariki ya 10 Kanama 2025, ukazayihuza na Como 1907 yo mu BUtaliyani.
FC Barcelone mu mibare yo kwandikisha abakinnyi bayo
Marcus Rashford ari mu bashobora kitandikishwa na FC Barcelone kubera ibibazo by’amikoro

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *