Abakunzi ba Rayon Sports bayihaye inkunga yo kuyifasha kugura abakinnyi
Yanditswe: Thursday 21, Dec 2023
Abayobozi ba RAYON SPORTS FC baraye basabanye n’abafatanyabikorwa ndetse na bamwe mu bakunzi b’iyi kipe bakomeye, bafasha ubuyobozi bw’iyi kipe umunsi ku munsi.
N’ubwo byari ibirori byo kwishimira ibyagezweho kuri iyi kipe kuri 2023,aba bakunzi banemeye gutanga inyunganizi ya Frw 9M kuri Komite, yo gukomeza ikipe muri uku kwezi kwa mbere.
Rayon Sports ivuga ko abitabiriye ibirori byo gusoza umwaka bishimiye ibikombe bibiri mu bagabo; Igikombe cy’Amahoro 2022-23 na Super Cup 2023, n’igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri 2022-23 mu Bagore.
Bahawe ishimwe ryo kuba barabaye hafi Rayon Sports mu 2023, bifurizwa Noheli nziza n’Umwaka mushya muhire wa 2024.
Abatumiwe bahize gushyigikira ubuyobozi mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona y’u Rwanda mu Bagabo no mu Bagore, kuko intego ari ukwegukana ibikombe bya Shampiyona mu byiciro byombi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *