#AFCON2023: Cote d’Ivoire iri gushaka uwayifasha gusezerera Senegal
Yanditswe: Thursday 25, Jan 2024
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Côte d’Ivoire ryandikiye iry’u Bufaransa ribatira umutoza Hervé Renard ngo afashe ikipe y’igihugu ya Côte d’Ivoire mu mikino isigaye muri AFCON2023.
Aya makuru y’uko FIF yahamagaye i Paris igatira uyu mutoza uri muri Cote d’Ivoire kwireba iri rushanwa,yavuzwe cyane uyu munsi nyuma y’aho Cote d’Ivoire ibonye itike ku bwa burembe iyigeza muri 1/8 aho izahangana n’ikigugu Senegal.
Uyu mutoza ari mu bazi igikombe cya Afurika cyane kuko yagitwaye inshuro ebyiri muri 2012 ari kumwe n’ikipe yari yoroshye itarahabwaga amahirwe ya Zambia.
Uyu Renard kandi, ubu utoza ikipe y’u Bufaransa y’abagore yanahaye Côte d’Ivoire igikombe cya Afurika iheruka muri 2015.
Cote d’Ivoire yitwaye nabi cyane mu matsinda kuko yatsinze umukino umwe wa Guinea Bissau ndetse inyagirwa na Guinea Equatorial ibitego 4-0.
Umutoza Jean Louis Gasset watozaga iyi kipe yareguye,abanya Cote d’Ivoire bagaragaza uburakari bukomeye.
Umukino wa Senegal na Cote d’Ivoire uzaba kuwa 29 Mutarama i Yamoussoukro.
Cote d’Ivoire irashaka guha Renard ikiraka cyo gusezerera Senegal

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *