#AFCON2023: Ubufaransa bwanze gutiza Cote d’Ivoire umutoza Renard
Yanditswe: Friday 26, Jan 2024
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bufaransa,FFF ryanze gutiza umutoza Hervé Renard igihugu cya Côte d’Ivoire ,kugira ngo abafashe mu mikino isigaye ya #AFCON2023.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Côte d’Ivoire ryandikiye FFF kugira ngo ibatize Hervé Renard uri gukurikirana imikino yose ya AFCON 2023 yibereye muri Cote d’Ivoire.
Renard aganira na Canal Plus yari yemeye ko aramutse abyemerewe nta kibazo cyo gutoza iki gihugu yagira, gusa ibiganiro byanze kuko FFF yanze ubu busabe.
Ati “Ntabwo ibiganiro ku mpande zombi byagenze neza nk’uko twumvaga byakagenze. Nakwishimira ko byari kuba byagenze ukundi ariko ni ukwakira ibyavuyemo.”
Uyu mutoza w’imyaka 55 yatoje Côte d’Ivoire umwaka umwe ahita ayihesha Igikombe cya Afurika mu 2015, abikora kandi ari inshuro ya kabiri kuko yagitwaranye na Zambia mu 2012.
Si ibyo gusa kuko uyu mugabo yavugishije abakunzi ba ruhago ku Isi mu Gikombe cy’Isi cya 2022, ubwo yatozaga Arabie Saoudite agatsinda Argentine yegukanye iki gikombe, mbere yo kujya mu Ikipe y’Abagore y’u Bufaransa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *