Ikipe ya Al Hilal Benghazi yandikiye CAF isaba ko umukino wayo ubanza izakiramo RAYON SPORTS FC kuri Kigali Pele Stadium ku ya 24 Nzeri 2023 ko nta mufana wawitabira.
Al Hilal itegerejwe mu Rwanda kuri uyu wa kane nta gihindutse, mu gihe babiri mu bagomba kuyitegurira aho igomba kuba baraye bageze muri Kigali Marriot Hotel.
Al Hilal Benghazi irabizi ko RAYON SPORTS ifite abakunzi benshi ikaba ishaka kudakinira imbere yabo mu mikino yombi.
CAF, yemeje ko imikino izahuza Rayon Sports na Al Hilal SC mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup izaba tariki ya 24 n’iya 30 Nzeri 2023,nyuma y’uko abanya Libya bahuye n’imyuzure yahitanye abarenga ibihumbi 10 n’abandi benshi baburirwa irengero.
Ikipe izasezerera indi izahita ibona itike yerekeza mu matsinda ya CAF Confederation cup , mu gihe Rayon Sports yabigeraho yaba isubiyemo amateka yakoze mu 2018 icyo gihe yanayavuyemo igera muri ¼.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *