Ikipe y’Amagaju FC yo mu karere ka Nyamagabe ikomeje gukanga buri wese nyuma y’aho itsinze Gasogi United igitego 1-0 igafata umwanya wa kabiri muri shampiyona.
Umukino warangiye Amagaju FC yegukanye amanota atatu nyuma yo gutsinda Gasogi United FC ku gitego 1-0.
Iki gitego cyatsinzwe na rutahizamu w’Umurundi ukomeje guheka iyi kipe witwa Rukundo Abdul Rahman ukunze kuyitsindira ibitego byayo.
Amagaju akenshi atsinda igitego kimwe kandi gikunze gutsindwa n’uyu Rukundo yaba kuri Rayon Sports,Mukura VS,Kiyovu Sports n’uyu munsi niwe watsinze.
Iyi kipe yo mu Karere ka Nyamagabe igiye ku mwanya wa gatatu n’amanota 13 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda mu gihe Gasogi United igiye ku mwanya wa cyenda n’amanota umunani.
Ku rundi ruhande,ikipe ya Sunrise FC ifite abakinnyi b’amazina akomeye nka Mukogotya,Babuwa Samson,Yafesi Mubiru,n’abandi,yananiwe gutsinda Etincelles FC iheruka gutererwa mpaga ku kibuga cyayo kubera kubura Ambulance.
Muri uyu mukino w’umunsi wa 7 wa shampiyona,Etincelles FC yasanze Sunrise FC ku kibuga cyayo iyitsinda igitego 1-0.
Nkuko byayigendekeye ubushize kuri Mukura VS,nabwo Sunrise FC yatsinzwe igitego ku munota wa nyuma na Ciza Hussein.
Kiyovu Sports yagombaga gufunga umunsi ikina na Marines FC saa kumi n’ebyiri.
Uyu mukino warangiye KIYOVU SPORTS itsinze ibitego 2-1 MARINES FC bya Yves Mugunga ku munota wa 28 na Brian KALUMBA 76.Impozamarira ya Marines Fc yatsinzwe na Thaiba Mbonyumwami ku munota wa 86.
Kiyovu Sports yahise igira amanota 12 mu gihe Ikipe y’i Rubavu igumanye amanota atandatu.
Uko indi mikino yagenze:
Gasogi United 0-1 Amagaju FC
Sunrise FC 0-1 Etincelles FC
Bugesera FC 2-2 Gorilla FC
Urutonde:
1. APR FC 14 Pts (-1)
2. Musanze FC 13 Pts (-1)
3. Amagaju FC 13 Pts
4. KIYOVU Sports 12 Pts
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *