skol

Amakipe 16 yakomeje muri 1/16 cya UEFA Champions League yamenyekanye

Yanditswe: Thursday 14, Dec 2023

featured-image

Ikipe ya PSG na Porto nizo zinjiye bwa nyuma mu mikino ya 1/16 cya UEFA Champions League mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu.tariki ya 13 Ukuboza 2023.

Ikipe ya PSG niyo yagowe bikomeye kuko yananiwe gutsinda Dortmund isigara icungana n’uko Newcastle itatsinda AC Milan kuko byari gutuma isezererwa ikerekeza muri Europa League.

Nubwo yasabwaga gutsinda,PSG yirangayeho itsindwa igitego igice cya kabiri kigitangira na Karim Adeyemi wa BVB ariko ihita icyishyura ibifashijwemo na Warren Zaire Emery,umwana muto uhagaze neza cyane ndetse wanatowe nk’umukinnyi mwiza w’umukino.

Ku rundi ruhande, muri iri tsinda F ry’urupfu,AC Milan yasanze Newcastle mu rugo iyitsinda ibitego 2-1 byatumye iyi kipe yo mu Bwongereza isezererwa mu gihe ariyo yari ifite amahirwe menshi yo kugera muri 1/16 iyo itsinda.

AC Milan yahise yerekeza muri Europa League aho isanzeyo ibindi bigugu nka Liverpool.

Myugariro Pepe ukuze mu irushanwa,yafashije FC Porto ku myaka 40 ye,igera mu mikino ya 1/16 itsinze ibitego 5-3 Shakhtar Donetsk

FC Barcelona niyo yatunguranye itsindwa na Antwerp ibitego 3-2.

Muri 1/16,La Liga ifite amakipe 4 muri 1/16, 3 yo muri Serie A, 2 ya Premier League na PSG muri Ligue 1/

Tombola yo gukuranamo iteganyijwe kuwa Mbere,tariki ya 18 Ukuboza.

Amakipe yasoje ayoboye amatsinda:

Bayern Munich

Arsenal

Real Madrid

Real Sociedad

Atletico Madrid

Borussia Dortmund

Manchester City

Barcelona

Amakipe yazamutse ari aya kabiri:

FC Copenhagen

PSV Eindhoven

Napoli

Inter Milan

Lazio

PSG

RB Leipzig

Porto

Amakipe yavuye muri Champions League ajya muri Europa League:

Galatasaray
RC Lens
Braga
Benfica
Feyenoord
AC Milan
Young Boys
Shakthar Donetsk

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa