skol

Amavubi agiye kongera gukinamo abanyamahanga bahawe ubwenegihugu

Yanditswe: Friday 16, Sep 2022

featured-image

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Olivier Mugabo yatangaje ko hari abakinnyi b’abanyamahanga barimo kuganira kugira ngo nibishoboka bazakinire ikipe y’igihugu Amavubi.
Ati: Ibiba mu yindi mikino natwe ntitubihejweho."
Nyuma y’igihe abakinnyi b’abanyamahanga bahagaritswe kuzongera guhabwa ubwenegihugu ngo bakinire u Rwanda,Perezida wa FERWAFA,yemeje ko hari 2 cyangwa 3 bari kuganira ku buryo bakinira Amavubi mu mikino iri imbere. (…)

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Olivier Mugabo yatangaje ko hari abakinnyi b’abanyamahanga barimo kuganira kugira ngo nibishoboka bazakinire ikipe y’igihugu Amavubi.

Ati: Ibiba mu yindi mikino natwe ntitubihejweho."

Nyuma y’igihe abakinnyi b’abanyamahanga bahagaritswe kuzongera guhabwa ubwenegihugu ngo bakinire u Rwanda,Perezida wa FERWAFA,yemeje ko hari 2 cyangwa 3 bari kuganira ku buryo bakinira Amavubi mu mikino iri imbere.

Yavuze ko nkuko mu yindi mikino bitabaza abanyamahanga,n’u Rwanda rugiye kubigarura cyane ko ubwo biheruka muri 2004 rwagiye muri AFCON.

Abanyamahanga bari basanzwe bitwara neza mu Mavubi ariko baza guhagarikwa na FERWAFA na Minisiteri ya siporo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Nzeri 2022, nibwo Mugabo Olivier yabitangaje.

Umutoza Ferrer yahamagaye abakinnyi 24 barimo amasura atanu mashya mu ikipe y’igihugu.

Abakinnyi batanu bashya bahamagawe ni Trey Ryan w’imyaka 20 ukinira Standard de Liege mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi, Ishimwe Gilbert w’imyaka 21 akinira Orebro Syrianska mu cyiciro cya gatatu muri Suède.

Sven Kalisa w’imyaka 24 akinira Etzella Ettelbruck, mu cyiciro cya mbere muri Luxembourg, Sahabo Hakim afite imyaka 17, akinira Lille y’abatarengejwe imyaka 19 mu Bufaransa na Habimana Glen afite imyaka 21, akinira Victoria Rosport muri Luxembourg.

Amavubi ari kwitegura imikino ibiri ya gicuti harimo uwo azakina na Guinée équatoriale.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa