
Kayigi Andy Fred wamenyekanye nka Andy Bumuntu wakoraga kuri Radio Kiss FM yamaze gusezera nyuma y’imyaka 2.
Uyu muhanzi akaba n’umunyamakuru yakoraga ikiganiro cya mu gitondo cya Brekfast with Star yageze kuri Kiss FM muri 2022.
Andy Bumuntu asezeye nyuma y’iminsi mike kuri Kiss FM hinjiye Anita Pendo ,wavuye kuri RBA aje gusimbura Sandrine Isheja nawe werekeje kuri RBA nk’umuyobozi wungirije.
Mu itangazo yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Andy Bumuntu yavuze ko yemeje ko yamaze gusezera kuri Kiss FM.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *