skol

APR FC mu biganiro byo gusinyisha umukinnyi uri mu beza Simba SC ifite

Yanditswe: Saturday 23, Dec 2023

featured-image

Ikipe ya APR FC iravugwa mu biganiro n’umukinnyi ukomeye w’Umurundi,Saido Ntibazonkiza ukinira Simba SC kugira ngo ayizemo muri uku kwezi kwa mbere.

Ntibazonkiza ubanza mu kibuga bihoraho muri Simba SC, yari yasinye amasezerano y’umwaka umwe n’igice muri iyi kipe, ariko ubu asigaranye amasezerano y’amezi 6 gusa.

Simba SC yifuje kumwongera amasezerano mashya y’umwaka umwe ariko we akifuza ko iyi kipe yamwongerera amasezerano y’imyaka 2 bituma impande zombi zitumvikana.

Amakuru aturuka mu gihugu cya Tanzania avuga ko Simba SC ititeguye kumusinyisha imyaka 2 ni mu gihe na we atiteguye kongera umwaka umwe.

Bivugwa ko Simba SC yahise itekereza uburyo yamutanga muri Mutarama 2024 aho ubu barimo gushaka umusimbura we.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ISIMBI aravuga ko APR FC yagaragaje ko yifuza uyu mukinnyi ndetse ibiganiro na Simba SC bikaba byararangiye hasigaye kumvikana n’umukinnyi.

Ku ruhande rwa Saido Ntibazonkiza, bivugwa ko atarimo kumva neza uburyo yaza muri APR FC gusa ibiganiro birakomeje ndetse hari intambwe imaze guterwa aho ubu bimaze kugera kuri 60%.

Uyu mukinnyi bikunze, ashobora kuba ari we wenyine w’umunyamahanga ikipe ya APR FC ishobora kongeramo muri Mutarama 2024 mu rwego rwo kugira ngo ayifashe mu mikino yo kwishyura ya shampiyona ya 2023-24.

APR FC ikaba yaramaze gusinyisha Kategeya Elie avuye muri Mukura VS ndetse inagarura Mbonyumwami Thaiba yari yaratije muri Marines FC.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa