APR FC na AS Kigali zitwaye neza mu irushanwa ry’intsinzi Cup
Yanditswe: Thursday 31, Aug 2017
Amakipe 2 yitezwe cyane mu mwaka w’imikino utaha APR FC na AS Kigali yatangiye neza mu mikino y’igikombe cy’Intsinzi Cup cyatangiye ku munsi w’ejo kuri stade umuganda mu karere ka Rubavu. Iki gikombe cyateguwe n’akarere ka Rubavu cyitabiriwe n’amakipe 4 yo mu Rwanda: AS Kigali, APR FC, FC Marines na Etincelles FC, ndetse n’andi abiri yo muri Repubuliki iharanira Demokarasi ya Kongo Kabasha FC na Virunga FC mu rwego rwo kwitegura umwaka w’imikino utaha.
Umukino wabimburiye iyindi ikindi (…)
Amakipe 2 yitezwe cyane mu mwaka w’imikino utaha APR FC na AS Kigali yatangiye neza mu mikino y’igikombe cy’Intsinzi Cup cyatangiye ku munsi w’ejo kuri stade umuganda mu karere ka Rubavu.
Iki gikombe cyateguwe n’akarere ka Rubavu cyitabiriwe n’amakipe 4 yo mu Rwanda: AS Kigali, APR FC, FC Marines na Etincelles FC, ndetse n’andi abiri yo muri Repubuliki iharanira Demokarasi ya Kongo Kabasha FC na Virunga FC mu rwego rwo kwitegura umwaka w’imikino utaha.
Umukino wabimburiye iyindi ikindi wahuje ikipe ya AS Kigali yitezwe muri uyu mwaka kubera abakinnyi benshi yaguze aho yabashije kwitwara neza itsinda Marines FC igitego 1-0 cyatsinzwe n’umukinnyi mushya Niyonzima Ally kuri penaliti ku munota 82.
Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho umukino wahuje amakipe 2 y’abaturanyi aho ikipe ya Virunga yatsinze Kabasha kuri penaliti 9 ku 8 nyuma y’aho aya makipe yanganyije 0-0.
Umukino wasoje umunsi wa mbere w’iri rushanwa wahuje ikipe ya APR FC n’ikipe ya Etincelles ifite abafana benshi mu karere ka Rubavu maze ikipe ya APR FC bigoranye ku munota wa 88 ibasha gutsinda iyi kipe igitego 1-0 cyatsinzwe na Turatsinze Eric.
Nyuma yo kwitwara neza mu mikino ibanza aya makipe arakina imikino ya kimwe cya kabiri aho kuri uyu gatanu taliki ya 01 Kanama ikipe ya APR FC irahura na Virunga FC saa 15:30 mu gihe AS Kigali irakina na Virunga FC saa 18:00 ,imikino iri kubera kuri Stade Umuganda.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *