skol

APR FC na Mukura VS zamenye amakipe zizahura nayo mu mikino nyafurika

Yanditswe: Saturday 03, Nov 2018

Ikipe ya APR FC izahura na Nkana FC yo muri Zambia mu ijonjora rya mbere rya CAF Champions League mu gihe Mukura VS yo izahura na Free states Stars yo muri Africa y’Epfo isanzwe ikinamo Kwizera Olivier mu ijonjora rya mbere rya CAF Confederations Cup.

APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka niyo izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League,aho uyu munsi,Taliki ya 03 Ugushyingo 2018,yatomboye ikipe ya Nkana FC yo muri Zambia mu ijonjora rya Mbere mu gihe Mukura VS yatwaye igikombe cy’Amahoro yo izacakirana na Free States Stars muri CAF Confederations Cup.

Nkana FC ni imwe mu makipe makuru muri Zambia kuko yashinzwe mu mwaka wa 1935 ndetse kuri ubu ifite ibikombe 12 bya shampiyona birimo icyo iheruka gutwara 2013,n’ibikombe by’igihugu 7.Nkana yambara umutuku n’umweru.

Nkana FC izwi nk’amashitani atukura (Red devils), ifite stade yayo,Nkana Stadium, yakira ibihumbi 10 by’abafana ndetse yabaye iya kabiri muri shampiyona ya Zambia muri shampiyona ishize,inyuma ya Zesco.

Umukino wa mbere wa APR FC izawukinira I Kigali ku wa 27 Ugushyingo uyu mwaka ,hanyuma uwo kwishyura iwukinire muri Zambia ku wa 05 Ukuboza uyu mwaka.

Mukura VS nayo izabanza kwakira Free States Stars ku wa 28 Ugushyingo uyu mwaka,hanyuma ikine uwo kwishyura muri Afrika y’Epfo Taliki ya 05 Ukuboza 2018.

Free States Stars yashinzwe mu mwaka wa 1977,ntabwo ari ubukombe muri Afrika y’Epfo gusa yabonye itike yo kwitabira CAF Champions League kubera ko yegukanye igikombe cya Nedbank Cup uyu mwaka.

Ibitekerezo

  • bon chance

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa