skol
fortebet

APR FC na Rayon Sports zirasabwa kwishyura asaga miliyoni 44RWF kugirango zemererwe gukina shampiyona ya 2026-2027

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Monday 06, Jul 2026

APR FC na Rayon Sports zirasabwa kwishyura asaga miliyoni 44RWF kugirango zemererwe gukina shampiyona ya 2026-2027

Sponsored Ad

skol

Amakipe abiri akunzwe mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports, yombi agomba kwishyura muri FERWAFA arenga miliyoni 40 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo akine Shampiyona y’icyiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2026-27.

Aya mafaranga akaba ari ikiguzi cyo kwandikisha abakinnyi bayo b’abanyamahanga aho buri mukinnyi agomba kwishyurirwa Miliyoni 2 Frw.

Muri Nzeri 2025 ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryemeje iri tegeko ndetse ritangira gukurikizwa muri Mutarama 2026.

Iri tegeko rigena ko buri mwaka ikipe izajya yishyura miliyoni 2 Frw kuri buri mukinnyi w’umunyamahanga yandikishije imusabira License yo gukina icyiciro cya mbere mu Rwanda, bitandukanye n’abakekaga ko ari ikiguzi cyishyurwa rimwe kugeza umukinnyi avuye mu ikipe.

Iyo urebye ku makipe abiri akunzwe mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports ubu zifite abakinnyi 22 b’abanyamahanga nubwo bashobora kwiyongera, bivuze ko ubu ari miliyoni 44 Frw.

Rayon Sports ifite abakinnyi 11 barimo batanu yari isanganywe nka Tony Kitoga, Faustin Likau Kitoko, Drissa Kouyate, Tambwe Gloire Ngongo na Ndikumana Asman aba bakiyongera kuri batandatu imaze gusinyisha barimo Umunya-Centrafrique, Boris Gbenou, Djiguiba wo muri Mali, Ibrahim Djingarey wo muri Niger, Antonio Atisso Kodjo wo muri Bénin, Charles Tchouplaou wo muri Tchad na Matumona Wakonda Kanda wo muri RDC.

Bivuze ko ari abakinnyi 11 igomba kwishyurira miliyoni 22 Frw zishobora no kwiyongera kuko amakuru avuga ko itarava ku isoko aho ishobora no gutangaza umurundi Msanga Henry.

APR FC nayo ifite abakinnyi 11 b’Abanyamahanga barimo Abagande batatu Denis Omedi, Hakim Kiwanuka na Ronald Ssekiganda, Abanya-Burkina Faso; Memel Dao na Cheikh Djibril Ouattara, Seidu Yussif Dauda ukomoka muri Ghana na rutahizamu ukomoka muri Côte d’Ivoire, William Togui Mel bose bari basanzwe muri iyi kipe.

Aba biyongereyeho Kouadiokan Michel Amani ukomoka muri Côte d’Ivoire, Mamadou Traore ukomoka muri Mali, Ernan Siluane ukomoka muri Mozambique na Madou Zon ukomoka muri Burkina Faso bose baheruka gusinyira iyi kipe.

APR FC nayo bivuze ko isabwa miliyoni 22 Frw nayo zishobora kwiyongera kuko amakuru avuga ko ishobora no kongereramo rutahizamu w’Umunya-Mali, Ibrahim Doumbia.

Mu busanzwe kwandikisha umukinnyi w’umunyarwanda ni 5000 Frw n’abatoza bungirije ni uko. Umutoza mukuru w’Umunyarwanda ni ibihumbi 100 Frw naho umutoza w’umunyamahanga ni ibihumbi 500 Frw.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa