Ikipe ya APR FC yamaze gufata umwanzuro wo gusezerera Masabo Michel wari umunyamabanga mukuru w’iyi kipe.
Nkuko amakuru dukesha ikinyamakuru ISIMBI abitangaza,APR FC yahisemo gutandukana na Masabo Michel wagizwe umunyamabanga mukuru w’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu tariki 8 Mutarama 2021 aho yari asimbuye Lt (Rtd) Col Sylvestre Sekaramba.
Michel akaba yari amaze hafi imyaka 4 ari umunyamabanga wa APR FC aho batwaranyemo ibikombe 3 bya shampiyona.
Nubwo yasezerewe ariko ntabwo APR FC iratangaza umunyamabanga mushya gusa bivugwa ishobora kuzabikora mu minsi ya vuba.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *