skol

APR FC yakoze impinduka mu buyobozi bwayo

Yanditswe: Friday 17, Nov 2023

featured-image

Ikipe ya APR FC yamaze gufata umwanzuro wo gusezerera Masabo Michel wari umunyamabanga mukuru w’iyi kipe.

Nkuko amakuru dukesha ikinyamakuru ISIMBI abitangaza,APR FC yahisemo gutandukana na Masabo Michel wagizwe umunyamabanga mukuru w’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu tariki 8 Mutarama 2021 aho yari asimbuye Lt (Rtd) Col Sylvestre Sekaramba.

Michel akaba yari amaze hafi imyaka 4 ari umunyamabanga wa APR FC aho batwaranyemo ibikombe 3 bya shampiyona.

Nubwo yasezerewe ariko ntabwo APR FC iratangaza umunyamabanga mushya gusa bivugwa ishobora kuzabikora mu minsi ya vuba.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa