skol

APR FC yongereye izindi mbaraga mu busatirizi

Yanditswe: Thursday 21, Dec 2023

featured-image

Ikipe ya APR FC yongereye imbaraga mu busatirizi bwayo mbere yo kwerekeza muri Mapinduzi Cup 2023.

Uretse Elie Kategaya yakuye muri Mukura VS,yagaruye rutahizamu wayo Mbonyumwami Thaiba yari yaratije muri Marine FC kugira ngo ayifashe guhera mu mikino ya Mapinduzi Cup.

Aba bakinnyi bombi bari I Shyorongi mu myitozo yA APR Fc mbere yo kwerekeza muri Zanzibar muri iriya mikino.

Tariki 1/1/2024 nibwo APR FC izatangira irushanwa rya Mapinduzi Cup ikina na Singida.

Ikipe ya APR FC yisanze mu Itsinda B hamwe na Simba SC mu Irushanwa rya Mapinduzi Cup rizahuza amakipe 12 hagati ya tariki ya 28 Ukuboza 2023 n’iya 13 Mutarama 2024.

APR FC yasubukuye imyitozo ku wa Kabiri yitegura iri rushanwa izitabira guhera ku wa 27 Ukuboza ndetse n’imikino yo kwishyura ya Shampiyona izatangira tariki ya 12-14 Mutarama 2024.

Mapinduzi Cup ni irushanwa ryashyizweho na Federasiyo ya Ruhago muri Zanzibar mu 1998, rigamije kwizihiza impinduramatwara y’iki gihugu ubwo cyabonaga ubwigenge mu 1964 kibukuye mu maboko y’ubwami bw’Abarabu bacye bayoboraga iki kirwa cyari kigizwe n’umubare munini w’abirabura.

Ubwo iri rushanwa ryakinwaga bwa mbere mu 1998 ryitabirwaga n’amakipe yo muri Zanzibar na Tanzania gusa. Guhera mu 2013 ni bwo bwa mbere Federasiyo ya Ruhago muri Zanzibar itegura iri rushanwa yatangiye gutumira amakipe yo hanze y’ibyo bihugu byombi maze rikinwa n’ayo muri Kenya na Uganda. Ni ubwa mbere ikipe yo mu Rwanda igiye kwitabira iri rushanwa.

Ibitekerezo

  • Naho eritatu bimezute

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa