Arda Turan mu gahinda nyuma yo guhomba amafaranga yose yakoreye mu mupira w’amaguru
Yanditswe: Friday 24, Nov 2023
Uwahoze ari umukinnyi wo hagati muri Galatasaray, Atlético Madrid na Barcelona ubu akaba ari n’umutoza wa Eyüpspor yo muri Turukiya mu cyiciro cya kabiri, Arda Turan w’imyaka 36, yatangarije ikinyamakuru daily Sport cyo muri Catalonia ko yahombye nyuma yo gushora imari mu buryo bubi.
Yagize ati: “Amafaranga yose nazigamye yatakaye mu kanya gato."
Yashinje ibyaha Seçil Erzan, umuyobozi w’ishami rya banki i Istanbul ati: “Yaranshutse ambwira ati: ’Umuntu wese ushora imari muri iki kigega azabona inyungu’. Natanze miliyoni zirenga 13 z’amayero. Amafaranga n’imbaraga zose nari narinjije. Umusaruro w’akazi k’imyaka itari mike warabuze."
Turan ntabwo ariwe wenyine ushinja uyu munyamabanki. Nk’uko Sport ibitangaza, umunyezamu wa Galatasaray Fernando Muslera n’abandi bahoze bakina umupira w’amaguru muri Turukiya na bo muri Gicurasi bavuze ko bashutswe bashora akayabo muri iyo Banki barahomba.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *