skol

Ikipe ya Argentina yakiriwe mu buryo budasanzwe igeze iwabo [AMAFOTO]

Yanditswe: Tuesday 20, Dec 2022

featured-image

Ikipe y’Igihugu ya Argentina iherutse gutsindira ku mukino wa nyuma ikipe y’Igihugu y’Ubufaransa , ikegukana Igikombe cy’Isi, yagarutse mu gihugu aho yakiriwe n’abaturage bivugwa ko basaga miliyoni baje kwishimira iki gikombe.
Argentina yaherukaga gutwara Igikombe cy’isi mu 1986,yakoze ibitangaza ku cyumweru tariki ya 18 Ukuboza 2022,yegukana iki gikombe itsinze Ubufaransa kuri penaliti 4-2 nyuma y’umukino wari warangiye ari ibitego 3-3 mu minota 120.
Kubera ibyishimo biri muri (…)

Ikipe y’Igihugu ya Argentina iherutse gutsindira ku mukino wa nyuma ikipe y’Igihugu y’Ubufaransa , ikegukana Igikombe cy’Isi, yagarutse mu gihugu aho yakiriwe n’abaturage bivugwa ko basaga miliyoni baje kwishimira iki gikombe.

Argentina yaherukaga gutwara Igikombe cy’isi mu 1986,yakoze ibitangaza ku cyumweru tariki ya 18 Ukuboza 2022,yegukana iki gikombe itsinze Ubufaransa kuri penaliti 4-2 nyuma y’umukino wari warangiye ari ibitego 3-3 mu minota 120.

Kubera ibyishimo biri muri Argentina,Guverinoma yatanze ikiruhuko mu gihugu hose,kugira ngo abantu bakomeze kwishima.

Iyi kipe yageze Buenos Aires mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri bahita bakubitana n’uruvunganzoka rw’abantu bamaze iminsi barara hanze babategereje.

Mu mafoto yashyizwe hanze,yagaragaje abakinnyi ba Argentina bari kugenda mu modoka ifunguye bateruye iki gikombe cy’isi berekeza ku cyicaro cy’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Argentina [AFA].

Ibirori rusange biratangira ku isaha ya saa kumi n’imwe za hano I kigali,kuri uyu wa Kabiri.Birabera ku munara muremure uzwi cyane witwa Obelisk I Buenos Aires.

Messi niwe wasohotse bwa mbere mu ndege ateruye iki gikombe cy’isi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa